Current track

Title

Artist

Current show

Sandrine

06:00 10:00


Uwari umukunzi wa Davis D yeguriye umutima we umugande ukina mu Misiri

Written by on 24th March 2020

Umukobwa uzwi nka Queen Lydia wamenyekanye cyane akundana n’umuhanzi Davis D ari gukundana n’umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu ya Uganda witwa Lumala Abdu.

Iby’urukundo rwa Davis D na Queen Lydia byamenyekanye cyane mu 2018 nyuma y’aho anamwifashishije mu mashusho y’indirimbo yakoranye na Bulldogg  yitwa  “Hennessy”.

Uwo mwaka wa 2018  ariko wasize Lydia uri no mu mashusho y’indirimbo ya Urban Boys yitwa “Mpfumbata”  atakiri kumwe na Shine Boy bari bamaze igihe bagaragara bari kumwe ahantu henshi.

Muri icyo gihe  Lydia yerekanye ifoto ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umusore yavugaga ko ari mugabo we w’ahazaza n’ubwo nta myirondoro ye yamenyekanye.

Kuri ubu uyu mukobwa yerekanye umukunzi we mushya kuri Instagram  ari we Lumala Abdu, akaba ari umukinnyi w’ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ya Uganda ndetse n’ikipe yitwa Pyramids Club yo mu Misiri.

Lumala w’imyaka 22 y’amavuko yavukiye muri Uganda ahitwa  Kataba arerwa na nyirakuru nyuma y’aho nyina yitabye Imana amaze amezi make amubyaye ndetse akaba atari azi se.

Ubwo yari atangiye kuba ingimbi abagiraneza bamujyanye  muri Suwede aho yakiniye amakipe atandukanye kugeza mu 2019 ubwo yajyaga gukina mu misiri. Muri uyu mwaka ni nabwo yatangiye gukinira ikipe y’igihugu ya Uganda.

Davis D na Queen Lydia bakanyujijeho mu rukundo
Lumala Abdu ni we mukunzi mushya wa Queen Lydia
Lydia ubu yeguriye umutima we Lumala
httpss://youtu.be/HFUQwNhtP_g?list=RDHFUQwNhtP_g
Reba Hennessy ya Davis D igaragaramo Queen Lydia